Ni uruzinduko Macron aza gukora ari kumwe n’umugore we Brigitte Macron, ruzibanda ku nyungu z’u Bufaransa na Maroc mu bijyanye n’ubukungu, umuco na siporo.
Uru ruzinduko rumaze igihe rutegurwa ariko rugasubikwa ku munota wa nyuma, biturutse ku mwuka mubi wagiye urangwa hagati y’u Bufaransa na Maroc.
Umwami Mohammed VI ni we ujya kwakira Macron ku kibuga cy’indege, bakomereze ku ngoro y’Umwami mu murwa mukuru Rabat, aho baganirira.
Umwuka hagati y’ibihugu byombi wabaye mubi cyane muri 2021 ubwo byavugwaga ko inzego z’ubutasi za Maroc zaba zarumvirije telefone ya Macron, ndetse n’umwanzuro u Bufaransa bwafashe wo kugabanya viza zihabwa abanya-Maroc.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!