00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Mugabe yabwiye umunyamakuru ko yamutera ingumi

Yanditswe na

Denyse Umukunzi

Kuya 6 March 2016 saa 07:34
Yasuwe :

Ubwo Perezida wa Zimbabwe, Robert Mugabe, yari mu kiganiro n’abanyamakuru, umwe muri bo yamubajije igihe azavira ku butegetsi maze amusubiza ko ashobora kumukubita ingumi kugira ngo amwibutse ko agifite imbaraga zo kuyobora.

Perezida Mugabe wayoboye Zimbabwe kuva mu 1980 abajijwe igihe azavira ku mwanya w’umukuru w’igihugu, nawe yahise abaza umunyamakuru impamvu ashaka umusimbura kandi akiriho.

Yagize ati ”Kuki ushaka unsimbura kandi nkihari cyangwa uragira ngo ngukubite ingumi ndetse nanagusohore kugira ngo wumve ko ngifite ubushobozi?”

Mugabe kandi yanahakanye amakuru yakunze kuvugwa ko umugore we, Grace Mugabe ari we uzamusimbura igihe azaba avuye ku butegetsi.

Amashusho ya Televiziyo y’Igihugu muri Zimbabwe yerekana Perezida Mugabe abwira umunyamakuru ko nta gahunda yo kuva ku butegetsi afite ndetse ko agifite n’imbaraga ku buryo yamutera ingumi.

Perezida Mugabe yabwiye umunyamakuru ko yamutera ingumi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages