Ni amagambo akubiye mu butumwa Perezida Museveni yageneye abanyamadini, abunyuza kuri Minisitiri w’Uburinganire, Peace Mutuuzo.
Ati “Hari igihe abantu batabashaga gusenga mu bwisanzure. Abakirisitu benshi basunikirwaga gusenga bihishe, by’umwihariko abashya ntibemererwaga gusenga ku mugaragaro.”
Yashimangiye ko ubu, buri Munya-Uganda afite uburenganzira bwo gusenga nta bwoba, kandi nta muntu ushobora guhungabanya amahoro bafite, asaba amadini gukomeza kuba inkingi y’ubumwe bw’igihugu.
Ati “Amatorero agomba kuba inkingi mu gukemura amakimbirane, guteza imbere ubumwe n’amahoro, no kubungabunga ibidukikije byacu.”
Uyu muyobozi yashishikarije abayobozi b’amadini gufatanya kuyobora amatorero no gukora ibikorwa bifatika bizatuma imibereho y’ababagana irushaho kuba myiza, avuga ko kutita ku nshingano z’abantu mu mibereho ya buri munsi, byaba intandaro y’ubukene muri sosiyete.
Yasoje aha umukoro amadini yose muri Uganda, ko mu mwaka wa 2026 afite intego ebyiri zo kuzahura imibereho myiza y’abaturage ndetse no gufasha mu gukemura ibibazo by’umutekano mu matora rusange ategerejwe ku wa 15 Mutarama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!