00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ruto yategetse Tata Chemicals guhagarika imirimo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 September 2026 saa 12:52
Yasuwe :

Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yategetse sosiyete yo mu Buhinde, Tata Chemicals, guhagarika ibikorwa byayo muri Kenya, avuga ko iki gihugu cyiteguye guha imbaraga abashoramari b’imbere mu gihugu.

Perezida Ruto yavuze ko Leta ya Kenya izazana izindi sosiyete ebyiri zizakomeza imirimo yakorwaga na Tata Chemicals.

Ibi bibaye nyuma y’uko muri Nyakanga 2026, Leta ya Kenya yari yarategetse ishami rya Tata Chemical Limited rikorera mu ruganda rwa Magadi Soda guhagarika ibikorwa byaryo ndetse inahagarika kohereza hanze soda ash.

Perezida Ruto yavuze ko Tata Chemicals yamaze igihe kinini ikorera muri Kenya ariko itigeze ishora imari ihagije mu gihugu.

Ati “Iyi sosiyete imaze imyaka irenga 100 muri Kajado, ariko ntabwo yigeze yubaka ikintu na kimwe muri Kajado, nta ruganda bigeze bubaka muri Kajado. Twavuze ko tuzazana ikindi kigo cy’ishoramari…bagomba kubaka uruganda runini rw’ibirahure hano, n’ikindi kigo gikora ibinyabutabire muri Kajado. Hari umuntu twabayeho abacakara?.”

Tata Chemicals ni sosiyete ikora ibicuruzwa bishingiye ku myunyungugu, harimo soda ash ikoreshwa mu gukora ibirahure, ibikoresho byo mu rugo ndetse n’ibindi bicuruzwa bitandukanye.

Perezida Ruto yavuze ko icyemezo cyo gusimbuza Tata Chemicals kigamije kongera uruhare rw’abashoramari bo mu gihugu no kureba ko umutungo kamere wa Kenya ugirira akamaro abaturage bayo.

Perezida Ruto yategetse Tata Chemicals guhagarika ibikorwa byayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages