Yabigarutseho ku wa 5 Nyakanga 2024 mu nama y’abagore b’Abasilamu yabereye Zanzibar. Yasabye kubungabunga amahoro muri Tanzania anagaragaza umumaro wabyo kugira ngo birinde kwisanga mu bihe nk’ibyo Kenya irimo.
Perezida Suluhu yavugaga ku myigaragambyo imaze iminsi muri Kenya, bamagana icyemezo cyo kuzamura umusoro.
Samia yagize ati “Nkomoje ku myigaragambyo y’abaturage bo mu gihugu cy’abaturanyi cya Kenya bamaze icyumweru bashaka amahoro mu gihugu cyabo, mu gihe iterambere risa nkirihagaze, igihe nta mahoro ntacyo twageraho kandi tugomba kwirinda kugira ngo tutazisanga aho”.
Perezida Suluhu yasabye abayobozi b’amadini kubungabunga ubunyangamugayo n’ubuyobozi bufite ireme, agaragaza uruhare rwabo rukomeye mu kuyobora umuryango mu murongo w’imyitwarire myiza no kubahiriza amategeko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!