00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Guinea-Bissau yahagaritse Minisitiri w’Intebe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 December 2023 saa 09:11
Yasuwe :

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embalo, yahagaritse Minisitiri w’Intebe, Geraldo Martins, kuri uyu wa 20 Ukuboza 2023 nyuma y’ibyumweru bitatu habayeho igerageza ryo guhirika ubutegetsi bwe.

Nk’uko France 24 yabitangaje, Geraldo yahise asimbuzwa Rui Duarte Barros, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’inzibacyuho w’iki gihugu nyuma ya ‘coup d’état yabaye muri Mata 2012.

Ubwo Barros yarahiraga, Perezida Embalo yamusabye kurwanya inyerezwa ry’umutungo w’igihugu na ruswa, amuteguza ko igihe azakekwa muri ibi byaha, azagezwa mu butabera.

Uyu Mukuru w’Igihugu yagize ati “Kurwanya bihoraho ruswa bigomba kuba inshingano ya mbere y’itsinda uyoboye. Nta muntu ufite uburenganzira bwo gufata umutungo wa rubanda. Ejo nitugukekaho ruswa, uzagezwa imbere y’ubutabera.”

Embalo yamenyesheje Barros ko buri rwego rw’igihugu kugeza ku biro by’Umukuru w’Igihugu rugomba kujya rugenzurwa, kugira ngo hamenyekane uburyo rukoresha umutungo wa Guinea-Bissau.

Perezida wa Guinea-Bissau yaherukaga gusesa Inteko Ishinga Amategeko nyuma y’igeragezwa ryo guhirika ubutegetsi bwe ryabaye tariki ya 30 Ugushyingo 2023.

Icyo gihe yatangaje ko ari we ugomba kuyobora by’agateganyo Minisiteri y’umutekano w’imbere n’iy’ingabo.

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embalo, yahagaritse Minisitiri w’Intebe, Geraldo Martins

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages