Ku wa 17 Gashyantare 2026, Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto yashyize umukono ku masezerano yiswe ‘ The National Government-Nairobi County Cooperation Pact ’ y’asaga miliyari 80 z’Amashilingi azifashishwa mu bikorwa by’iterambere bishingiye ku kongera ibikorwaremezo bigezweho.
Inzego enye ni zo bizibandwaho cyane muri aya masezerano. Birimo guhanga imiyoboro y’amazi mishya n’itwara imyanda, inzu z’ubucuruzi no guturamo na gahunda zo kubungabunga imyanda.
Perezida Ruto yavuze ko "Tugomba kugira umujyi ujyanye n’igihe, turi kubaka stade y’igitangaza ya Talanta, inzu yakira inama z’akataraboneka i Bomas, ndetse vuba turatangiza ibikorwa byo kubaka arena igezweho muri Nairobi…”
Imirimo yo kubaka Stade ya Talanta iherereye i Nairobi igeze kuri 80%. Yatangiye muri Werurwe 2024 kugira ngo izakire imikino y’Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu iteganyijwe 2027, aho ifite ubushobozi bwo kwakira abagera ku 60.000.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!