Faure Gnassingbé yasinye iryo tegeko kuri uyu wa Mbere, nyuma y’ukwezi ryemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko.
Itegeko Nshinga rishya ryavuguruwe ku busabe bw’abadepite basaga 20, rigezwa mu Nteko Ishinga Amategeko aho ryaganiriwe ariko riteza impaka zidasanzwe mu gihugu.
Muri iryo tegeko rishya, ubu Togo yavuye kuri Repubulika ya kane ijya mu butegetsi bwa Repubulika ya gatanu. Perezida ntabwo azongera gutorwa n’abaturage by’ako kanya ahubwo azajya atorwa n’abadepite, abadepite abe aribo batorwa n’abaturage.
Perezida wa Togo kandi azajya atorerwa manda y’imyaka ine, abe yemerewe kuyobora manda ebyiri gusa.
Hashyizweho umwanya wa Perezida w’inama y’abaminisitiri wafatwa nk’uwa Minisitiri w’Intebe, uzajya ujyaho umwe mu baturuka mu ishyaka rifite ubwiganze mu Nteko.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!