00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Raila Odinga agiye gusubukura imyigaragambyo yamagana Leta

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 30 December 2023 saa 05:18
Yasuwe :

Umunyapolitiki wo muri Kenya uyobora ihuriro Azimio la Umoja, Raila Odinga, yatangaje ko mu mwaka w’2024 ateganya gusubukura imyigaragambyo isaba ubutegetsi bwa William Ruto kugabanya imisoro.

Nk’uko ikinyamakuru The Kenyans kibivuga, Raila yatangarije mu karere ka Nyanza ko Ruto yabeshye Abanyakenya, abasezeranya ko atazongera imisoro, ariko ntiyabishyira mu bikorwa.

Ati “Twabasabye kutongera imisoro ariko barakomeje, barayongera, bikomeza ubuzima. Iyi misoro igomba gukurwaho, Iteka ry’Imari rigakurwaho. Nibatabikora, tuzasubira mu mihanda mu 2024.”

Uyu munyapolitiki yamenyesheje abo muri Kenya ko badakwiye kwizera ibyo ubutegetsi bwa bwa Ruto bubasezeranya. Ati “Muri iyi Leta, mwatekerezaga ko ba ‘hustlers’ babumva. Twasanze ko ari amagambo gusa.”

Odinga n’abayoboke b’ihuriro Azimio baheruka mu myigaragambyo mu bice bitandukanye bya Kenya muri Nyakanga 2023, ubwo bamaganaga ihenda ry’ubuzima ahamya ko ryatewe n’imisoro yazamuwe muri iki gihugu.

Iyi myigaragambyo yahagaze ubwo Ruto yasezeranyaga Odinga ko yiteguye kumutega amatwi, bagashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo Abanyakenya bafite. Gusa ntabwo impande zombi zumvikanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages