00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abaganga 74 bashyizwe mu kato kubera Ebola

Yanditswe na Evariste Nsengimana
Kuya 13 August 2018 saa 12:15
Yasuwe :

Abaganga 74 bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bashyizwe mu kato, nyuma yo gukekwaho Ebola baba baranduriye mu gukora ku bayirwaye.

Itangazo Minisiteri y’Ubuzima ya RDC yasohoye ku wa 11 Kanama 2018, rivuga ko abo baganga bakoraga ku ivuriro rya Mangina riri mu Mujyi wa Beni muri Kivu y’Amajyaruguru, bagomba kumara iminsi 21 basuzumwa.

Risobanura kandi ko bagomba kumara ukwezi kose batajya mu kazi, batanemerewe kugira aho bajya, mu rwego rwo kwirinda ko baba barayanduye nabo bakayikwirakwiza.

Radio Okapi yatangaje ko aba baganga bazaba basimbujwe abandi bo ku yandi mavuriro.

RDC itangaza ko ibinyujije mu nkunga yahawe na Banki y’Isi, yamaze gutegura uburyo bwo kuvura abantu ku buntu ku mavuriro atatu ya Mabalako, Beni na Oicha, aherereye mu duce twagaragayemo Ebola.

Itangazo rikomeza rigira riti “Mu gihe hari icyorezo, ubushobozi ntibukwiriye kuba inzitizi zo guhabwa ubuvuzi. Ingamba zo kuvura no gusuzuma ku buntu mu duce twagaragayemo Ebola zigamije gushishikariza abaturage kujya ku mavuriro yemewe vuba, mu gihe hari ikimenyetso kibagaragayeho kuko bibongerera amahirwe yo kubaho.”

Kuri ubu, ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima muri DRC, kiri gukwirakwiza ibikoresho bisuzuma i Goma, Mangina ngo hasuzumwe ibizamini byafashwe ku bantu bo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, abakekwaho Ebola bagashyirwa mu kato.

Nubwo nta mibare mishya y’abamaze kugirwaho ingaruka na Ebola muri iki gihugu iratangazwa, mu cyumweru gishize habarurwaga abantu 34 yishe, ubu hari abandi 49 bafite ibimenyetso byayo nko kuvirirana amaraso, barimo 22 byemejwe ko bayirwaye na 27 bayikekwaho, mu gihe abari gukorwaho igenzura bose ari 53.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages