00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abahitanywe na Ebola barenze 500

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 July 2026 saa 08:22
Yasuwe :

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko umubare w’abantu byemejwe ko banduye Ebola wageze ku 1.561, mu gihe abamaze guhitanwa n’iki cyorezo bageze kuri 506.

Iyi mibare yatangajwe ku Cyumweru nimugoroba, igaragaza ko iki cyorezo gikomeje gukaza umurego mu bice bitandukanye by’igihugu.

Abakozi bo mu rwego rw’ubuzima bakomeje imirimo yo guhangana na Ebola, harimo gutanga ubuvuzi, gusuzuma abarwayi, no gukumira ikwirakwira ryayo mu baturage. Amakuru atangwa n’abashinzwe ubuzima agaragaza ko ibikorwa byo gukingira no kwigisha abaturage uburyo bwo kwirinda nabyo bikomeje.

Icyorezo cya Ebola ni kimwe mu bibangamiye ubuzima mu karere, cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo.

Abashinzwe ubuzima basaba abaturage gukomeza kwitwararika, bakirinda guhura n’abakekwaho ubwandu no kumenyesha inzego z’ubuzima mu gihe hagaragaye ibimenyetso by’iki cyorezo, kugira ngo gikomeze gukumirwa.

Ebola imaze guhitana 506 muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages