00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abanduye Ebola barenze 3.000

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 July 2026 saa 11:55
Yasuwe :

Umubare w’abantu bamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) warenze 3.000.

Imibare yatangajwe n’inzego za Leta ya RDC igaragaza ko abamaze kwandura Ebola bageze kuri 3.075, mu gihe abamaze guhitanwa n’iki cyorezo bageze kuri 1.354.

Iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yatangajwe nk’icyorezo cyongeye kwibasirwa RDC ku wa 15 Gicurasi 2026.

Abashinzwe ubuzima bavuga ko iki cyorezo kiri kwica abantu ku muvuduko udasanzwe ugereranyije n’ibindi byigeze kubaho. Ndetse bavuga ko kirenze icyabaye hagati ya 2013 na 2016 mu bihugu bya Afurika y’Iburengerazuba, aho abantu barenga 11.000 bapfuye mu bantu basaga 28.000 banduye.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya indwara (Africa Centres for Disease Control and Prevention), Jean Kaseya, yavuze ko ikibazo gikomeye ari uko abantu bakomeje gupfa kubera kubura inkingo, imiti ndetse n’amikoro ahagije yo guhangana n’iki cyorezo.

Ati “Aba ni abantu bari gupfa. Bari gupfa kubera ko tudafite inkingo, tudafite imiti kandi tudafite inkunga.”

Muri iki cyorezo, byafashe hafi ibyumweru 10 gusa kugira ngo abapfuye bagere kuri 1.000, mu gihe mu 2013-2016 byafashe hafi amezi umunani kugira ngo uwo mubare ugere.

Hagati aho, abakozi bo mu nzego z’ubuzima bakomeje kwinubira kudahembwa mu gihe bahanganye na Ebola. Abagera kuri 100 bakora mu kigo kivura abarwaye Ebola cya Elikya Ebola Treatment Centre kiri i Bunia, mu Ntara ya Ituri, bahagaritse imirimo basaba kwishyurwa amafaranga y’agahimbazamusyi batahawe.

Mu cyumweru gishize, abakozi bo mu Bitaro Bikuru bya Bunia, ari byo binini muri ako gace, na bo bari bakoze imyigaragambyo kubera kutishyurwa imishahara. Bamwe muri bo bavuze ko batigeze bahabwa amafaranga kuva iki cyorezo cyatangira.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) rivuga ko umubare nyawo w’abanduye ushobora kuba uri hejuru y’imibare yatangajwe ku mugaragaro, ukaba ushobora kuba wikubye inshuro ebyiri cyangwa enye, kubera ko hari bimwe mu bice birimo icyorezo bigoye kugeramo.

Ebola ni indwara yandura cyane ikwirakwira binyuze mu guhura n’amatembabuzi y’umuntu wanduye, nk’amaraso ndetse no gukora ku bintu byanduye. Ni indwara idakunze kuboneka ariko ishobora gukomera kandi igatera urupfu.

Abanduye Ebola muri RDC barenze 3.000

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages