Gereza ya Masisi ifungiyemo abantu 107, aho muri bo umwe ari we wabashijwe kugezwa imbere y’inkiko nk’uko Radio Okapi yabitangarijwe na sosiyete sivile.
Abafungiye muri iyo gereza bose bahuriye ku kibazo cy’imibereho mibi, aho kubona ibyo kurya ari ingume ndetse no kuvurwa ku bahuye n’uburwayi bikaba bigoye.
Téléphone Mitondeke, umwe mu bayobozi ba sosiyete sivile, yavuze ko izo mfungwa zifite n’ikibazo cyo kuba dosiye zazo mu nkiko nta gikurikirana ku buryo bamwe bahamaze igihe kinini bataragezwa imbere y’umucamanza.
Ati "Aba mbere batangiye gupfa kubera inzara mu gihe buri mezi atatu Guverinoma itanga miliyoni icyenda z’amafaranga ya Congo yo gufasha iyo gereza ya Masisi. Twibaza icyo inzu yubatswe ngo ijye itangirwamo ubuvuzi imaze."
Ibibazo byatangiye kuba bibi ubwo intambara yatangiraga muri ako gace hagati y’ingabo za Leta, FARDC n’inyeshyamba za M23 , yatumye abacamanza babaga muri ako gace bimukira i Goma.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!