Guverineri w’Intara ya Lualaba, Richard Muyej, mu kiganiro n’abanyamakuru yatangaje ko abapfuye ari 43. Ku wa Kane nibwo iyi mpanuka yabaye bihita byemezwa ko abantu 36 bapfuye. Gusa umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge, uvuga ko bari hagati ya 60 na 80.
Ikirombe cyahanutse cyacungwaga na Kamoto Copper Company (KCC), ikigo gishamikiye kuri Glencore y’Abasuwisi.
Mbere y’iyi mpanuka mu cyumweru kimwe, Ingabo za Congo zari zatangaje ko zigiye kohereza abasirikare bagomba gutanga umusanzu mukurwanya ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.



















TANGA IGITEKEREZO