Umwe mu bakozi b’umuryango ufasha imbabare wa Kiliziya Gatolika muri RDC (Caritas) witwa Alfred Ndrabu Buju, yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa ati “Twabaruye imirambo 49 kandi turacyashakisha indi. Hari umwana umwe mu bitaro bya Drodro basanganye umwambi mu mutwe.”
Minisitiri w’Umutekano, Henri Mova, yari yabanje gutangaza ko abapfuye barenga 33 kandi ko ubuyobozi bw’iyo Ntara bwagiye aho iyo mirwano yabereye buza gutanga amakuru y’impamo.
Abatangabuhamya babwiye AFP ko ubwoko bw’aba Lendu busanzwe ari abahinzi aribwo bwatangije imirwamo ku bw’aba Hema basanzwe ari aborozi.
Ubu bwoko bukunda guhora mu makimbirane, ariko mu 1990 no muri 2000 nibwo yakajije umurego. Kuva aho Perezida Joseph Kabila wa Congo yinangiye kurekura ubutegetsi, henshi muri iki gihugu hadutse imirwano ya hato na hato.
Kuva mu Ukuboza umwaka ushize, abantu barenga 100 bamaze gupfira mu mirwano ishingiye ku moko mu Ntara ya Ituri naho abandi barenga ibihumbi 200 barahunze.



















TANGA IGITEKEREZO