00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abantu 82 biyamamarije kuba abadepite bari guhigishwa uruhindu

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 10 January 2024 saa 09:35
Yasuwe :

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bwatangiye guhiga abantu 82 bari ku rutonde rw’abiyamamarizaga kujya mu Nteko Ishinga Amategeko nk’abadepite, nyuma yo kubashinja amanyanga yatumye batsinda.

Ni nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itesheje agaciro intsinzi zabo, ibashinja amanyanga, ruswa, ubugizi bwa nabi, kwiba imashini zitora kugira ngo bitore n’ibindi.

Ubushinjacyaha bwasabye ko abo bantu aho bari hose babuzwa gusohoka igihugu, abari hanze yacyo bagatabwa muri yombi.

RFI yatangaje ko mu bari guhigishwa uruhindu harimo batatu basanzwe ari ba Minisitiri, ba Guverineri bane, abarimu ba Kaminuza, abasanzwe ari abasenateri ndetse n’abadepite mu Nteko icyuye igihe.

Mu mazina ari gushakishwa harimo Gentiny Ngobila usanzwe ari Guverineri wa Kinshasa wakuweho ubudahangarwa kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Mutarama.

Benshi mu bashinjwe amanyanga mu matora y’abadepite barabihakana, bakavuga ko ari amayeri y’ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi yo kubigizayo kugira ngo imyanya yabo ishyirwemo abumvikana n’ubutegetsi.

Bamwe mu bakandida biyamamaje ku mwanya w'ubudepite batangiye guhigwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages