00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abantu icyenda baguye mu gitaramo cyabereye muri Stade

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 27 July 2024 saa 11:18
Yasuwe :

Abantu icyenda nibo bimaze kumenyekana ko baguye mu gitaramo cyateguwe n’umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Mike Kalambayi cyabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iki gitaramo cyabereye muri stade des Martyrs i Kinshasa, cyitabiriwe n’abantu basaga 30 000 kuri uyu wa Gatandatu.

Ibinyamakuru byo muri icyo gihugu byatangaje ko hataramenyekana icyatumye abo bantu bapfa, nubwo bikekwa ko ari umuvundo. Ni mu gihe Maajabu Gospel, sosiyete yateguye icyo gitaramo yo mu itangazo yashyize hanze, igaragaza ko hashobora kuba hari abantu babigizemo uruhare binyuze mu guteza akavuyo.

Abapfuye ni abagore umunani n’umugabo umwe. Bose bageze kwa muganga bapfuye kuko nta butabazi bw’ibanze bwari bwateguwe aho igitaramo cyabereye, nkuko Minisitiri w’Ubuzima Dr Samuel José Kamba yabitangaje.

Impamvu nta butabazi bw’ibanze bwateguwe, ngo ni uko abateguye igitaramo batabimenyesheje Minisiteri y’Ubuzima.

Iki gitaramo cyari cyabereye muri stade des Martyrs i Kinshasa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages