Aba barwanyi bateze imodoka ya Polisi bicamo bamwe, naho abandi bagera kuri batandatu babasha guhunga nkuko byatangajwe n’abayobozi bo muri iyi ntara ya Kasai.
Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI, yatangaje ko abapolisi 42 bishwe n’abantu bari bitwaje intwaro, byavuzwe ko ari abo mu mutwe w’inyeshyamba wa Kamuina Nsapu. Bategewe ku muhanda uri hagati ya Tshikapa na Kananga.
Iki gitero cyagabwe kuri aba bapolisi kuwa Gatanu, Guverineri Alexis Nkande Myopompa, yavuze ko iperereza ryatangiye. Ni mu gihe Loni itangaza ko abantu 400 bamaze kwicwa muri iki gihugu ndetse abandi bagera ku bihumbi 200 bakaba bavuye mu byabo mu gace ka Kasai kuva ubwo Jean-Pierre Pandi wari umuyobozi wa Kamwina Nsapu yiciwe mu mwaka ushize.



















TANGA IGITEKEREZO