00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abarinda Tshisekedi biriwe mu mihanda ya Kinshasa biyereka abaturage (Amafoto)

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 23 July 2023 saa 10:01
Yasuwe :

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Nyakanga, abasirikare bagize umutwe urinda Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi biriwe mu mihanda y’umurwa mukuru, Kinshasa, biyereka abaturage babizeza ko bafite ubushobozi bwo kurinda umutekano.

Byabaye mbere y’iminsi mike ngo icyo gihugu cyakire imikino ihuza ibihugu bigize umuryango wa Francophonie, mu gihe mu mujyi wa Kinshasa no mu bindi bice by’igihugu havugwa umutekano muke.

Kwiyerekana kw’izo ngabo bigamije kwizeza abaturage ko umutekano muri Kinshasa ucunzwe neza, dore ko arizo zizaba ziwushinzwe mu mikino ya Francophonie.

Ntabwo kwiyerekana kw’izo ngabo kwavuzweho rumwe, kuko hari ababifata nko kwiyemera mu gihe mu Burasirazuba bwa Congo hakiri igice kiri mu maboko y’umutwe wa M23 ingabo za Leta zarananiwe kubatsinsura.

Bamwe mu barinda Tshisekedi biyeretse abaturage, babizeza umutekano
Abarinda Tshisekedi biriwe mu mihanda ya Kinshasa biyerekana
Iyi myiyerekano ibaye mbere y'iminsi mike ngo habe imikino ya Francophonie

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages