00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abasaga miliyoni 46 bamaze kwiyandikisha mu matora ya perezida akirimo urujijo

Yanditswe na Jean Pierre Tuyisenge
Kuya 2 February 2018 saa 09:57
Yasuwe :

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENI) imaze kwandika abaturage miliyoni 46 bifuza kuzagira uruhare mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Amatora yo gushaka uzasimbura Perezida Joseph Kabila Kabange uri ku butegetsi kuva mu 2001 yagombaga kuba mu mpera za 2016, igihe manda ye yagombaga kurangirira nk’uko Itegeko Nshinga ryabiteganyaga, umwanzuro wakuruye imvururu mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bitangaza ko abarenga 20 barasiwe muri iyo myigaragambyo barimo abaguye mu yateguwe na Kiliziya Gatolika mu mpera z’umwaka ushize isaba kwihutishwa kw’amatora.

Perezida wa CENI, Corneille Nangaa, yavuze ko abagera kuri 46,021,454 bamaze kwiyandikisha, hakaba hitezwe abandi 12%.

Mu gihe iyi mibare yari imaze gukusanywa ku wa 31 Mutarama 2018, biteganyijwe ko Abanye-Congo baba mu mahanga bazatangira kwandikwa muri Nyakanga 2018.

Yagize ati “CENI iri gukora uko ishoboye ku buryo amatora azaba ku wa 23 Ukuboza 2018.”

Iyi tariki yashyizweho, abatavuga rumwe na Leta basa n’abatarayishimiye ndetse bagashinja Kabila gushaka guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo yemererwe kwiyamamariza kuyobora izindi manda zirenze ebyiri, ingingo atagize icyo ayivugaho mu kiganiro aheruka kugirana n’abanyamakuru muri Mutarama 2018.

Kabila yagiye ku butegetsi kuva se arasiwe mu biro mu 2001. Uyu mugabo w’imyaka 46 ahakana ko yanze kubuvaho ndetse ananenga igihe cyakoreshejwe mu kwandika abazatora benshi mu buryo bwihuse.

Gusoza igikorwa cyo kwandika abazatora ni intambwe ikomeye yerekeza ku matora nubwo bitagaragaza mu buryo busobanutse uburyo bishobora kuzagabanya umwuka mubi ukomeje gututumba mu baturage bo muri iki gihugu.

Amatora ya Perezida uzasimbura Joseph Kabila ateganyijwe ku itariki 23 Ukuboza 2018. Imiryango mpuzamahanga ikomeje guhamagarira leta gutegura amatora anyuze mu mucyo nk’imwe mu nzira zatuma igihugu gisohoka mu bibazo bya politiki kirimo.

Kabila ashinjwa n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi ko ashaka guhindura Itegeko Nshinga ngo yongere yiyamamaze
Imyigaragambyo yamagana Perezida Kabila imaze kugwamo benshi kuva mu Ukuboza 2016

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages