00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bongeye gusaba Kabila kutiyamamaza

Yanditswe na Iradukunda Desire
Kuya 24 July 2018 saa 05:05
Yasuwe :

Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasohoye itangazo asaba Perezida Joseph Kabila, kutazitabira amatora ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza 2018 muri iki gihugu.

Amashyaka yasinye kuri iyi nyandiko ejo kuwa Mbere arimo; Ishyaka riharanira Demokarasi n’imibereho myiza (UDPS) n’amashyaka ayobowe na Moïse Katumbi na Jean-Pierre Bemba uherutse kurekurwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC).

Umwe mu bashyigikiye Moïse Katumbi, Delly Sesanga, yavuze ko atiteguye kwivana mu matora nk’uko ari wo mugambi w’ishyaka riri ku butegetsi.

Iri tangazo ryatanzwe mu gihe habura amasaha make ngo hatangire ibyumweru bibiri byo kwandika abakandida bazitabira amatora. Bivugwa ko aya matora agomba kubaho Kabila atiyamamaje kandi ntihakoreshwe imashini mu gutora, nubwo Guverinoma yifuza ko zakoreshwa.

Perezida Kabila ari ku butegetsi kuva mu 2001, aho yasimbuye Se, Laurent-Desire Kabila, gusa ubutegetsi bwe bufite icyasha cya ruswa, ubusumbane n’amakimbirane.

Muri RDC ntabwo ubutegetsi burahererekanywa mu mahoro kuva yabona ubwigenge yigobotoye ubukoloni bw’Ababiligi mu 1960. Inzobere zigaragaza ko imvururu za politiki ziri muri iki gihugu zidakemuwe zishobora guteza amakimbirane y’igihe kirekire.

Aya mashyaka yasabye Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, imiryango y’uturere twa Afurika, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Umuryango w’Abibumbye gushakira amahoro n’umutekano RDC.

Kabila yasabwe kutaziyamamaza mu matora yo mu Ukuboza uyu mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages