Uyu mwanzuro ufashwe mu gihe iyi sosiyete imaze iminsi mu bibazo by’imikorere.
Congo Airways ni sosiyete yashinzwe mu 2014 ariko iri mu bibazo bikomeye. Yahoze ifite indege enye ariko isigaranye ebyiri, mu gihe izindi zapfuye.
Guverinoma ya Congo imaze igihe itangaza ko ishaka gufasha iyo sosiyete kuva mu bibazo ifite, ariko ntabwo byigeze bishyirwa mu bikorwa.
Muri Nyakanga Guverinoma yiyemeje kugurira indege eshatu iyi sosiyete ariko ntibirashyirwa mu bikorwa.
RFI yatangaje ko iyi sosiyete yifitiye ibindi bibazo bikomeye birimo amadeni, amakimbirane mu bakozi n’ibindi.
Abayobozi babaye bahagaritswe mu gihe Guverinoma yatangiye iperereza ryo kumenya ikibazo cya nyacyo gihari.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!