00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abishwe n’igisirikare bashyinguwe imiryango yabo itarababona

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 18 September 2023 saa 03:26
Yasuwe :

Abafite ababo bishwe barashwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bashyinguwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nzeri imiryango yabo itarababona.

Abasaga 50 bishwe barashwe n’ingabo zishinzwe kurinda Perezida mu mujyi wa Goma, baraswa ubwo biteguraga kwitabira imyigaragambyo yo kwamagana ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu.

Nyuma y’ibyumweru bitatu imibiri y’abo bantu iri mu kigo cya gisirikare cya Katindo, kuri uyu wa mbere Leta yasabye abaturage kwifatanya n’ababuze ababo, mu kubashyingura mu cyubahiro.

RFI yatangaje ko nubwo itariki yo gushyingura ari kuri uyu wa Mbere, benshi mu babuze ababo ntibarahabwa amahirwe yo kubareba ngo bemeze niba aribo.

Mu nyandiko ababuze ababo banditse, bavuze ko bashaka ko umunsi wo gushyingura wimurwa kugira ngo abapfuye babanze bamenyekane no gutegura neza uburyo bwo kubaherekeza.

Bivugwa ko na Minisitiri w’Umutekano Peter Kazadi ari i Goma aho yaje kwifatanya n’abaturage gushyingura ndetse biteganyijwe ko ahura n’imiryango y’ababuze ababo.

Ntabwo haramenyekana icyatumye abasirikare barasa ku baturage biteguraga kwigaragambya icyakora hari abasirikare batandatu bari mu ishami ry’ingabo ririnda Perezida bamaze gutabwa muri yombi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages