Ababibonye bavuga ko ari indege y’ubucuruzi ya sosiyete ya Kin-Avia, yananiwe guhaguruka ikagwa mu gishanga hafi y’Ikibuga cy’Indege cya Kavumu.
Iyi ndege yari yerekeje i Shabunda mu gace gakungahaye kuri zahabu ariko kari mu bwigunge kuko kugerayo bigoranye. Indege nizo zifashishwa mu kujyanayo ibiribwa noneho zigasubira i Bukavu zikoreye amabuye y’agaciro.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Théo Ngwabije, yemeje aya makuru avuga ko haguyemo abantu batatu hakangirika n’ibyo yari yikoreye.
Ati “Hapfuye abantu batatu barimo abapilote babiri, umugenzi ndetse n’ibintu byinshi byatakaye".
Hagati aho, iperereza rirakomeje kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.
RDC ifite ibibuga by’indege mpuzamahanga bine ariko ikagira n’ibindi by’ibitaka bikoreshwa mu bwikorezi bw’abantu n’ibintu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!