00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Bitakwira wise Abatutsi abagome yasabiwe ibihano na EU

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 19 July 2023 saa 03:14
Yasuwe :

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) wasabiye ibihano Justin Bitakwira wahoze ari Minisitiri nyuma y’amagambo yatangaje akavuga ko Abatutsi bavuka ari abanyabyaha.

Ubwo yaganiraha na shene ya Youtube izwi nka Bosolo Na Politik, Bitakwira wahoze ari Minisitiri ushinzwe iterambere ry’icyaro yavuze amagambo atarakiriwe neza, agaragaza ko abatutsi atari abantu beza mu rwego rwo kugaragaza ko umutwe wa M23 udashakira icyiza RDC.

Yagize ati “Umututsi avuka ari umunyabyaha. Ni abantu muri kamere bifitemo kubiba amakimbirane ashingiye ku moko.”

Yakomeje agira ati “Iyo ubonye umututsi, uba ubonye umunyabyaha. Iyo abona atagushobora, ashobora kumara amezi atandatu aryama ku buriri bwawe ariko iyo amaze kugira imbaraga avuga ko ntaho akuzi. Mpora nibaza niba uwabaremye atari we waremye shitani. Nta bundi bwoko nigeze mbona bw’abagome nkabo.”

Aya magambo ya Bitakwira uzwiho imvugo z’urwango zibasira abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda yarakaje benshi, ndetse bamwe bamugereranya na Leon Mugesera mu Rwanda rwa mbere ya 1994 ubwo yavugaga ko ‘Abatutsi bakwiriye gusubizwa muri Abisiniya banyujijwe muri Nyabarongo”.

Inkuru bijyanye: Ibyo wamenya ku bantu umunani bafatiwe ibihano na EU

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wasohoye itangazo wamagana imvugo ya Bitakwira ndetse usaba Minisiteri y’Ubutabera muri RDC gukora akazi kayo akisobanura imbere y’amategeko.

Uyu muryango uvuga ko Bitakwira atari ubwa umbere agaragara mu mvugo z’urwango dore ko asanzwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano na EU.

EU kandi yasabye ikigo gishinzwe itangazamakuru muri RDC gukora akazi kacyo, kikabuza ibinyamakuru kwakira cyangwa gutambutsa ubutumwa bw’abantu bazwiho gukwirakwizwa urwango muri rubanda.

Bitakwira yasabiwe gukurikiranwa n'inkiko za RDC kubw'imvugo z'urwango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages