00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Ebola ya Bundibugyo yanditse amateka yo kwica benshi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 August 2026 saa 10:22
Yasuwe :

Icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo mu bwoko bwa Bundibugyo cyabaye icya mbere gihitanye abantu benshi kurusha ibindi byigeze kwibasira iki gihugu.

Kuva iki cyorezo cyatangazwa ku wa 15 Gicurasi, kimaze guhitana abantu 2.325, barenze abo icyorezo cya Ebola cyahageze hagati ya 2018 na 2020 cyahitanye.

Ikigo cya RDC gishinzwe Ubuzima Rusange cyatangaje ko ku Cyumweru hari hamaze kwemezwa abarwayi 4.945, barimo 101 bagaragaye mu masaha 24 yari ashize.

Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Tom Fletcher, yavuze ko iki cyorezo ari cyo kiri gukwirakwira ku muvuduko munini kurusha ibindi byigeze kubaho.

Yagize ati “Iki cyorezo kiri guhitana umuntu umwe buri minota 30.”

Iyi Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo imaze kugera mu ntara esheshatu muri 26 zigize RDC. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryavuze ko umuvuduko iki cyorezo kiri gukwirakiraho “udasanzwe”.

Kugeza ubu nta rukingo rwemewe rw’ubu bwoko bwa Ebola rwari rwaboneka, nubwo hari inkingo zitandukanye zikiri gukorwaho ubushakashatsi.

OMS yavuze ko yizeye ko mu mezi atatu ishobora kuba yamaze kugabanya umuvuduko w’ubwandu bushya, ariko ibyo ntibivuze ko icyorezo kizaba kirangiye burundu.

Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo yaciye agahigo ko kwica abantu benshi kurusha ibindi byorezo byabayeho muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages