Ku wa kane tariki ya 26 Gashyantare 2015 ni bwo izi mbuga nkoranyambaga za Facebook naYouTube zafunguwe nkuko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Izi mbuga zari zarafunzwe n’ubuyobozi bw’icyo gihugu, nyuma y’imyigaragambyo y’abaturage bamaganaga ihindurwa ry’Itegeko rigenga amatora, ryashoboraga guha ububasha Perezida Joseph Kabila kongera kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.
Iyi myigaragambyo bivugwa ko yapfiriyemo abantu bari hagati ya 27 na na 42 yabaye hagati ya tariki ya 19 na 22 Mutarama 2015.
Perezida Kabila yatangiye kuyobora Congo guhera 2001, Itegeko Nshinga ntirimwemerera kongera kwiyamamaza kuyobora iki gihugu.
Ubwo iyi myigaragambyo yabaga Leta ya Kinshasa yategetse ko bakupa imirongo yose ifasha koherezanya ubutumwa bugufi (SMS) nka kimwe mu byafashaga koherezanya ubutumwa ku giciro gito, ndetse inahagarika internet n’ikoreshwa ry’imbunga nkoranyambaga, yirinda ko haba intambara, aho yafataga hari abakoresha izi mbunga nko gushyira amavuta mu muriro.
Nyuma y’iminsi ibiri umurongo wa internet uhagaritswe waje kongera gufungurwa. Tariki ya 20 Gashyantare urubuga rwa Twitter rwaje gufungurwa mu gihe hari hasigaye Facebook na YouTube.



















TANGA IGITEKEREZO