00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Imiryango 6500 yashwiragijwe n’imirwano ya FDLR na Mai Mai

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 27 November 2015 saa 11:52
Yasuwe :

Imiryango 6500 imaze guhunga kuva ku wa 22 Ugushyingo, hatangira imirwano hagati y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR n’umutwe wa Maï-Maï mu gace kitwa Iboko, mu karere ka Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru.

Iyi miryango yahawe ubuhungiro mu duce twa Miriki, Luofu, Kimaka, Kirumba na Kanyabayonga duherereye mu karere ka Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru.

Radio Okapi ivuga ko amakuru atangwa n’abantu batuye muri ako gace, ngo iyo miryango ikeneye ubufasha bw’imiryango y’abagiraneza. Muri bo harimo abana 38 batandukanye n’ababyeyi babo ubwo imirwano yakazaga umurego mu byaro bari batuyemo mu mpera z’icyumweru gishize.

Aya makuru kandi avuga ko aba baturage basize ibintu byabo bahunga iyi mirwano.

Kugeza magingo aya, umutekano ntabwo uragaruka mu gace ka Iboko kuva ku Cyumweru. Abarwanyi ba FDLR barashaka kwigarurira aka gace kabamo abarwanyi bo mu mutwe wa Maï-Maï NDC n’abawushyigikiye.

Urubyiruko rwo muri Iboko ruhangayikishijwe n’uko umutwe wa FDLR utarandurwa burundu. Ibi bigatuma rujya mu yindi mitwe y’abarwanyi mu rwego rwo guhangana na FDLR.

Abaturage bagizwe impunzi kubera imirwano hagati ya FDLR na Mai Mai
Abarwanyi ba FDLR mu ishyamba
Abarwanyi bo mu mutwe wa Mai Mai

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages