Umuyobozi w’ iryo shami mu Burasirazuba bwa Congo, Olivier Fafa Atidja yemeje aya makuru kuri uyu wa mbere, ubwo umuyobozi w’ intumwa z’ Umuryango w’ Abibumbye ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro muri RDC, Martin Kobler yasuraga agace ka Uvira.
Abarundi bari gusaba ubuhungiro muri RDC baravuga ko bavuye mu gihugu cyabo, bahunga ubugizi bwa nabi n’umutekano muke.
Umuyobozi muri HCR mu Burasirazuba bwa Congo, Olivier Fafa kandi yavuze ko icyihutirwa ari ukubarura izo mpunzi mbere yo koherezwa mu nkambi rusange bazerekwa n’ ubuyobozi bwa Leta, bakavanwa aho bakirirwa mu buryo bw’ agateganyo.
Yagize ati “Bahise (Abarundi) boherezwa hano ngo babanze bahabwe aho kuba bacumbitse, amazi, ubuvuzi n’ ibiribwa, hategerejwe ko boherezwa mu nkambi cyangwa ahantu Guverinoma ya Congo izaba iduhaye.”
Usibye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habarirwa impunzi zirenga ibihumbi 7, mu Rwanda zimaze kurenga ibihumbi 25.



















TANGA IGITEKEREZO