Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Theo Kasi, yatangaje ko iyi ndege yavaga i Kalima mu Ntara ya Maniema yerekeza i Bukavu mu ntara ya Kivu y’amajyepfo.
Theo Kasi yanditse kuri Twitter ubutumwa bwinganisha ababuriye ababo muri iyo mpanuka, anatangazako hagiye gukorwa iperereza ku cyaba cyateye iyo mpanuka.
Yagize ati “Iperereza rizakorwa impamvu yateye iyi mpanuka imenyekane. Nihanganishije ababuriye ababo muri iyi mpanuka kandi nifatanyije nabo muri ibi bihe by’akababaro gakomeye”.
Kugeza ubu icyateye iyi mpanuka ntikiramenyekana ariko ngo birashoboka ko byatewe n’uko iyi ndege yagendaga hejuru y’ishyamba rinini.
Umukozi wo ku kibuga cy’indege wamenyesheje guverineri iby’iyi mpanuka, yavuze ko ubwo bageraga aho impanuka yabereye batigeze babona uwaba yayirokotse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!