Mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira kuwa kabiri w’iki cyumweru hafi ya Lubumbashi habayeho ikozanyaho hagati y’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Kata Katanga.
Ingabo za Leta ya Congo Kinshasa (FARDC) zahanganye bikomeye n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Kata Katanga mu ijoro ryo kuwa mbere rishyira kuwa kabiri tariki 7 Mutarama. Iyi mirwano yabereye mu gace ka Kipushi, mu mujyi muto wa Kiziba, hafi ya Lubumbashi, umurwa mukuru w’intara ya Katanga, nk’uko tubikesha Jeune Afrique.
Umuyobozi mu nzego z’ibanze mu gace iyi mirwano yabereyemo, Kahozi Bin Malisawa, yatangaje ko iyi mirwano yatangiye saa yine zijoro igeza mu rukerera.
Inyeshyamba zo mu mutwe wa Kata Katanga zigizwe ahanini n’abakomoka mu gace k’amajyaruguru y’intara ya Katanga ikungahaye mu mabuye y’agaciro, uyu mutwe ukaba uharanira ubwigenge bw’iyi ntara. Raporo iheruka ya Loni igaragaza ko izi nyeshyamba ziterwa inkunga na Gen John Numbi wahoze ayoboye polisi ya Congo ndetse n’abandi banyepolitiki batandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO