Abapfuye harimo abagore batatu n’abakobwa babiri bo mu gace ka Walikale, muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umuyobozi wa Komine Walikale, Placide Moba Malasi, yatangaje ko ibi byabaye ahagana mu masaha ya saa kumi z’umugoroba, ubwo imvura yari irimo igwa ari nyinshi cyane.
Inkuba ikimara gukubita, abantu batanu bahise bapfa ako kanya mu gihe abandi batanu bakomeretse bagahita bajyanwa ku bitaro bikuru bya Walikale, nk’uko Radio Okapi yabitangaje.
Ni inshuro ya kabiri ibyago nk’ibi bibaho muri Walikale, kuko mu mpera z’umwaka ushize inkuba yakubise abana babiri bagapfa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!