Komisiyo y’amatora (CENI) yateganyije uburyo bw’ikoranabuhanga, bw’imashini izajya igaragaza amafoto n’amazina by’abakandida, utora akayikozaho igikumwe, nayo igasohora urupapuro rugaragaza amajwi.
Ubwo yari yatumiwe mu kiganiro mpaka ku matora, cyatambutse kuri Televiziyo y’igihugu ku wa 4 Ukwakira, Koffi yanenze izo mashini avuga ko ntaho yigeze azibona.
Koffi yavuze ngo ‘nagiye mu Burayi n’ahandi hatandukanye ku Isi ariko sinigeze numva iyi mashini yifashishwa mu matora! Ntayo nzi! Kubera iki dushaka kuvumbura ikintu kigoye mu gihugu cyacu?’
Koffi yavuze ko ubu buryo bushobora kuba imwe mu ntwaro yo kwifashishwa mu kwiba amajwi mu matora.
Iyi mvugo ya Koffi ntiyishimiwe n’ubuyobozi bw’iyi televiziyo. Bwahise butangaza ko ahahise he mu butabera bw’u Bufaransa na Zambia atari heza.
Koffi asanzwe akurikiranywe n’ubutabera bw’u Bufaransa ku byaha byo gufata ku ngufu ababyinnyi yahakoreye hagati ya 2002 na 2006 n’ubwa Zambia, bumushinja guhohotera umufotozi mu 2012.
Koffi yaheruka kugaragara mu bifite aho bihuriye na Politiki mu 1960, ubwo yaririmbaga indirimbo ijyanye n’ukwigenga kwa RDC.
DRC iritegura amatora ya Perezida ku wa 23 Ukuboza uyu mwaka.



















TANGA IGITEKEREZO