Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa minisiti w’intebe wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo,primature.cd,kuwa 25 Nzeli, perezida Joseph Kabila yasimbuje bamwe mu bayobozi bo mu itsinda rya G7 bari birukanywe muri guverinoma nyuma yo kumwandikira ibaruwa tariki ya 14 Nzeli 2015, bamusaba ko atakongera kwiyamamariza kuyobora igihugu manda ya gatatu muri 2016.
Muri guverinoma hinjiyemo abaminisitiri 10 bashya ndestse n’abandi babiri bahinduranya imirimo; aho Aimé Ngoy Mukena wari minisitiri w’ingabo akaba anaheruka mu Rwanda mu biganiro n’u Rwanda byo kurandura umutwe wa FDLR, yavanywe kuri uyu mwanya agirwa minisitiri w’ubucukuzi bwa peteroli. Crispin Atama Tabe niwe wagizwe minisitiri w’ingabo.



















TANGA IGITEKEREZO