00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Monusco na Leta ya Congo bigiye kuganira bundi bushya ku kurwanya FDLR

Yanditswe na

Rabbi Malo Umucunguzi

Kuya 10 May 2015 saa 08:38
Yasuwe :

Intumwa z’ Umuryango w’ Abibumbye ziri mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Monusco, zishobora kugirana ibiganiro na Leta ya Kinshasa ku bufatanye bushya, nyuma yaho abasirikare babiri ba Monusco biciwe muri icyo gihugu kuwa 5 Gicurasi 2015, n’ umutekano ukaba ukomeje kuba mubi.

Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo Leta ya Congo yatangaje ko nta bufasha bwa Monusco ikeneye, nyuma y’abajenerali babiri bari bashinzwe kugaba ibitero kuri FDLR bamaganwe n’ Umuryango w’ Abibumbye, ubashinja ibyaha bikomeye byo guhungabanya uburenganzira bwa muntu.

Nk’ uko RFI ibivuga, Umuyobozi w’ ibikorwa bya Monusco, Hervé Ladsous, yavuze ko bahangayikishijwe n’ uburyo abasivili bakomeje kwibasirwa n’ inyeshyamba mu burasirazuba bwa Congo ku buryo Monusco ishobora no kugaba ibitero yonyine.

Yagizet ati “Biradusaba kongera kugaba ibitero kuri ADF kimwe na FDLR. Akanama k’ Umuryango w’ Abibumbye gashinzwe umutekano karabidusabye, ariko kugeza ubu, guverinoma ya Congo ntabwo ibyemera. Turazitiwe muri iki gihe, ariko ndizerako imbogamizi zihari ziraza kuvanwaho."

Monusco ikaba itarahwemye kugaragaza ko yo yifuza gufatanya n’ ingabo za Leta mu kugaba ibitero kuri FDLR, kurusha uko byakorwa n’ uruhande rumwe.

Abasirikare ba Loni bagenzura intwaro zashyizwe hasi na FDLR

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages