00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Sena ya RDC yahawe urw’amenyo nyuma yo gushinja u Rwanda kwitambika iterambere rya ’AI’

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 15 October 2024 saa 10:25
Yasuwe :

Perezida wa Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Sama Lukonde yahawe urw’amenyo nyuma yo kuvuga ko u Rwanda rwitambika imishinga icyo gihugu gifite yo guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge bukorano buzwi nka AI.

Lukonde yabivugiye i Genève mu Busuwisi, ahateraniye Inteko ya 149 y’Ihuriro ry’Inteko Zishinga Ametegeko ku Isi, inteko yatangiye tariki 13 Ukwakira ikazasozwa tariki 17 Ukwakira 2024.

Uyu mugabo wahoze ari Minisitiri w’Intebe, yavuze ko igihugu cye gifite gahunda yo guteza imbere ubwenge bukorano ariko ko bigoye kubera u Rwanda.

Ati “Nubwo hashyizweho izo gahunda zose mu guteza imbere siyansi, ntabwo bigerwaho nk’uko twifuza nko mu bijyanye n’umusanzu wacu mu guteza imbere AI, kubera ubushotoranyi dukorerwa no kwibwa umutungo kamere bikorwa n’ibihugu duturanye birimo u Rwanda.”

Amagambo ya Lukonde yatumye ahabwa urw’amenyo ku mbuga nkoranyambaga, ahanini abantu bashingiye ku birego RDC ihora ishinja u Rwanda ku bitagenda neza byose.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yakoresheje umugani w’Igifaransa uzwi, ‘Heureusement que le ridicule ne tue pas!’, wagereranya n’uw’Ikinyarwanda ‘Uwapfuye yarihuse’.

Aha yashakaga kugaragaza ko nta soni na nke RDC isigaranye, kugeza aho ibibonetse byose bitagenda iwabo bishinjwa u Rwanda.

Uwitwa Joseph Edeba yavuze ko ikigaragara, RDC ikibaye cyose muri Congo kigiye kujya gishinjwa u Rwanda.

Ati “Ntibizabatungure ejo nibatubwira ko u Rwanda ari rwo rutuma ruhurura z’i Kinshasa zidakora. Uku kwigira ntibindeba ku bintu byose kw’abayobozi ba Congo guteye isesemi.”

Grace Ibanda we yanditse ati “Ikintu cyose bananiwe gukora gitwikirwa ubushotoranyi bw’u Rwanda kandi Perezida Tshilombo ari we wabiteye.”

Jeremie Bikungu we yanditse ati “Kuki abayobozi bacu bakomeza gukoza isoni igihugu kugeza aha? Bashinja ibintu byose u Rwanda nk’aho ari rwo rwanababujije kubaka imihanda cyangwa gucukura ruhurura”.

Imyaka itatu ishize abayobozi ba RDC bakoresha umwanya bafite iyo bagiye mu mahanga, mu gushinja u Rwanda ibitagenda byose bashingiye ku ntambara bakomeje gutsindwamo n’umutwe wa M23 mu Burasirazuba.

Sama Lukonde yavuze ko u Rwanda ari rwo rubabuza guteza imbere AI

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages