Bamwe mu rubyiruko rw’ishyaka rya Katumbi kuri uyu wa Gatandatu bigabije imihanda ya Kinshasa basaba umucyo ku rupfu rwa depite Chérubin Okende wishwe arasiwe mu modoka ye ku wa Gatatu, nyuma y’amasaha make avuye kwitaba urukiko rurinda Itegeko Nshinga.
Ni urupfu rwaciye igikuba muri Congo no hanze yayo, bamwe batangira gutunga agatoki ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi utabanye neza n’ishyaka rya Katumbi.
Ubuyobozi bwa Polisi ya Kinshasa bwatangaje ko bwataye muri yombi bamwe mu rubyiruko rw’ishyaka rya Katumbi bashinjwa ko bateguraga ibikorwa byo gusahura no kwangiza.
Inzego zishinzwe umutekano zahise zijya ku cyicaro cy’ishyaka Ensemble pour la République, ari naho Jacky Ndala na bagenzi be bari bari.
Jacky Ndala yafunguwe muri Kamena 2022 nyuma y’umwaka muri gereza aho yashinjwaga guteza intugunda muri rubanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!