00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Urubanza rwa Gen. Ntaganda rugiye kuburanishwa mu mizi

Yanditswe na

Cyprien Niyomwungeri

Kuya 29 August 2015 saa 12:52
Yasuwe :

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rukorera i Haye mu Buholandi, kuwa 2 Nzeli 2015 ruzatangira kuburanisha mu mizi urubanza rwa Gen.Bosco Ntaganda ku byaha akekwaho ko yakoreye mu gace ka Ituri gaherereye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Nk’uko Radio Okapi ibitangaza, Gen.Ntaganda wahoze ari umuyobozi w’umutwe urwanira kubohora Congo (FPLC), akurikiranyweho ibyaha 13 by’intambara n’ibindi byaha bitanu byibasiye inyokomuntu birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu abagore n’abakobwa, kwinjiza no gukoresha abana mu gisirikare, ibyo byaha akekwa ko yabikoze mu myaka ya 2002 na 2003.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe na ICC Kuwa Gatanu tariki 28 Kanama 2015, uru rukiko rwavugaga ko gutangira uru rubanza ari intambwe y’ingirakamaro yo kurwanya umuco wo kudahana no guca ihohoterwa rishingiye ku gitsina muri RDC.

Gen. Ntaganda ni we wishyikirije Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda mu mwaka wa 2013, akaba ari umuntu wa kane ugiye ku buranishwa na ICC, ku byaha akekwaho kuba yarakore muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Biteganyijwe ko urubanza ruzatangira hasobanurwa imiterere y’ibyaha n’ibindi bibanziriza urubanza mu mizi. Tariki ya 15 Nzeli, ubushinjacyaha bukaba ari bwo buzatangira kugaragariza urukiko mu buryo bwimbitse ibyo bumushinja.

Gen. Ntaganda yishyikirije ubutabera nyuma yo gushyirirwa ho impapuro zimuta muri yombi mu myaka ya 2006 na 2012.

Cyprien Niyomwungeri
[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages