00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Kabila yaba amerewe nabi? Urugo rwe rugiye kunyuzwamo umuhanda

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 4 September 2023 saa 09:58
Yasuwe :

Ku wa Gatandatu tariki 2 Nzeri, igipangu cy’urugo rwa Joseph Kabila wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) cyasenywe n’abantu bahagarikiwe n’inzego z’umutekano.

Byabereye ku rugo rwa Kabila ruherereye mu gace ka Gombe mu Murwa Mukuru i Kinshasa.

Ibinyamakuru byo muri Congo byatangaje ko urwo rugo rwa Kabila ruturanye n’ibibanza biri kubakwamo inzu nshya z’abakomeye mu butegetsi bwa Tshisekedi.

Kugira ngo babone imihanda izajya ibageza muri izo nyubako nshya, byabaye ngombwa ko hasenywa igipangu cya Kabila ngo hanyuzwemo umuhanda uzajya wifashishwa, icyakora bivugwa ko byakozwe nta bwumvikane bubayeho n’umuryango wa Kabila.

Bivugwa ko abagiye gusenya icyo gipangu, babanje kutumvikana n’abapolisi bashinzwe kurinda urwo rugo, gusa birangira igice kimwe gisenywe.

Leta ivuga ko kubaka umuhanda mushya uca mu rugo rwa Kabila biri muri gahunda yo kuvugurura agace atuyemo, ku buryo ibibanza biri inyuma y’urugo rwebiturwamo n’abandi bantu.

Leta ivuga ko nta bundi buryo abashaka kuhubaka babikora hatabayeho gukora indi mihanda irimo uwo unyura kwa Kabila.

Igice kimwe cy'igipangu cya Kabila cyarasenywe nubwo habaye guhangana n'abashinzwe kurinda urugo rwe, bigahagarara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages