00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Urukiko rwategetse ko umunyamakuru wa Jeune Afrique akomeza gufungwa

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 26 September 2023 saa 03:31
Yasuwe :

Urukiko rwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwafashe umwanzuro wo gukomeza gufunga Umunyamakuru wa Jeune Afrique, Stanis Bujakera Tshiamala ushinjwa ibyaha byo gukwirakwiza ibihuha.

Uyu munyamakuru wanakoreraga ikinyamakuru Actualité.cd yafashwe tariki 8 Nzeri ubwo yari ku kibuga cy’indege agiye mu mujyi wa Lubumbashi.

Inzego z’umutekano zahise zifatira telefone ye ndetse n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Inkuru ashinjwa ni izijyanye na Chérubin Okende wahoze ari Minisitiri, wishwe muri Nyakanga mu buryo budasobanutse.

Kuba urukiko rwanze ko Bujakera arekurwe, bivuze ko azakomeza gufungwa kugeza urubanza rutangiye mu mizi.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages