00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwayoboye ingabo zarashe abaturage i Goma yinubiye gufungwa wenyine uwamuhaye amabwiriza yigaramiye

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 22 September 2023 saa 10:28
Yasuwe :

Colonel Mike Mikombe wari ukuriye ingabo zirinda Perezida mu mujyi wa Goma mu Burasiraziba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ko hatumizwa uwari umukuriye ari Lt Général Constant Ndima ngo kuko ari we wari ukuriye ibikorwa bya gisirikare akanatanga amabwiriza yatumye abaturage baraswa.

Tariki 30 Kanama nibwo ingabo zishinzwe kurinda Perezida ziba i Goma, ziroshye mu baturage b’urubyiruko bateguraga kwigaragambya bamagana ingabo za Loni (Monusco), zirabarasa zicamo abasaga 50 naho abasaga ijana barakomereka.

Abaturage barashwe mu gitondo cya kare batarajya kwigaragambya, babasanga mu rusengero aho bari bari guhimbaza ngo bazinduke bajya kwigaragambya.

Kugeza n’ubu ntibirasobanuka uwatanze amabwiriza yo kurasa ku baturage icyakora batandatu barimo abari bayoboye ingabo muri Goma bahise batabwa muri yombi.

Mu rukiko, Col Mikombe yavuze ko hagomba gutumizwa Lt Gen Ndima wari Guverineri wa gisirikare ushinzwe Kivu y’Amajyaruguru, kuko ari we wari ukuriye ibikorwa byose bya gisirikare aho hantu ku buryo ibyakozwe byose abifitemo uruhare.

Uyu Ndima yahise asimbuzwa nyuma y’ubu bwicanyi, ahamagazwa i Kinshasa mu gihe iperereza rigikomeje ku byabaye.

Mikombe yavuze ko mugenzi we Ndima na we yakabaye afunze kuko afite uruhare rukomeye mu itangwa ry’amabwiriza yatumye haba ubwicanyi.

Ati “Kuki Guverineri wari ushinzwe ibikorwa ntamubona aha? Akwiriye kuza hano akagira ibyo asobanura […] Umuvugizi we ni we wakusanyije itangazamakuru ararizana, ni na we wateye inkunga byose.”

Yakomeje agira ati “Akwiriye kuza hano akerekana uburyo arinjye gusa wateguye abasirikare [bo kujya kurasa abaturage]. Impamvu dusaba ko Guverineri aza hano, ni uko aha turi kureba ku bari bafite inshingano. Ntabwo twafata abashinzwe kurinda Perezida gusa ngo aribo duhindanyiriza isura kugira ngo dukingire Guverineri. Njye hari ibyo niboneye.”

Leta ya Congo ntirabasha gusobanura neza icyatumye abasirikare bayo biroha mu baturage bakabarasa. Abamaze gufatwa bavuga ko ngo bari baraye baryamiye amajanja kuko ku mupaka ugabanya icyo gihugu n’u Rwanda hari hashyizwe ingabo nyinshi z’u Rwanda. Igiteye inkeke ni uko aho abaturage barasiwe ari mu birometero birenga icumi uvuye ku mupaka w’u Rwanda na Congo.

Ikindi ni uko abaturage barashwe batari bafite intwaro ku buryo inzego z’umutekano za Congo zavuga ko bashatse kuzirwanya cyangwa kuzisagarira.

Col Mike Mikombe yavuze ko Lt Gen Ndima wahoze ari Guverineri azanwa mu rukiko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages