Itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’ishyaka UNC rya Kamerhe, rivuga ko yavuyemo ari mutaraga ariko ko Jean Lucien Bussa bari mu modoka imwe akiri gukurikiranwa n’abaganga.
Nta muntu n’umwe waguye muri iyi mpanuka uretse kuba imodoka zangiritse mu buryo bukomeye.
Aba bayobozi bombi bari bagiye mu birori byo gutangiza imirimo yo kubaka ikiraro kizahuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Zambie ku mugezi wa Luapula.
Perezida Tshisekedi na we yagiriye uruzinduko mu Ntara ya Haut Katanga rugamije gutangiza ibikorwaremezo bishya no gushakira ibisubizo ikibazo cy’ibikomoka kuri peteroli cyazahaje Lubumbashi, aherekejwe n’abandi bayobozi bakuru muri guverinoma.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!