00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC yagaragaje inyota yo kuba umunyamuryango wa EAC

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 7 February 2019 saa 03:39
Yasuwe :

Perezida mushya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yagaragaje ko igihugu cye gifite inyota yo kuba umunyamuryango wa EAC (Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba).

Perezida Tshisekedi yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu mu biganiro yagiranye na Perezida Uhuru Kenyatta, mu ruzinduko yarimo mu gihugu cya Kenya.

Perezida Kenyatta niwe mukuru w’igihugu wenyine witabiriye irahira rya Tshisekedi ndetse yamushimiye ku bw’intsinzi aherutse kwegukana yatumye habaho guhererekanya ubutegetsi mu myaka 60 ishize.

Ikinyamakuru The East African, cyatangaje ko Perezida Tshisekedi yashimye cyane Uhuru Kenyatta witabiriye irahira rye ndetse anagaragaza inyota y’uko igihugu cye cyagirwa umunyamuryango wa EAC.

Tshisekedi kandi yashimye cyane uruhare rukomeye icyambu cya Mombasa cyagize ku bukungu n’imibereho myiza y’abatuye ba DRC, avuga ko igihugu cye cyifuza kwinjira muri EAC kugira ngo bakomeze umubano mu by’ubukungu n’akarere.

Kugeza ubu Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uyobowe na Perezida Kagame, ugizwe n’ibihugu bitandatu birimo u Rwanda, Tanzania, Kenya, Uganda, u Burundi na Sudani y’Epfo.

Kenyatta yashimye Tshisekedi uherutse kwegukana intsinzi mu matora aheruka muri RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages