00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC yatangaje ifungwa ry’imipaka irimo n’iyihuza n’u Rwanda

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 December 2023 saa 06:06
Yasuwe :

Urwego rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo rushinzwe Abinjira n’Abasohoka, DGM, rwatangaje ko imipaka yo ku butaka y’iki gihugu n’abaturanyi irara ifunzwe by’agateganyo.

Uru rwego rwasobanuye ko rwafashe iki cyemezo bitewe n’amatora rusange ateganyijwe ku wa 20 Ukuboza 2023, kandi ko ifungwa ry’iyi mipaka rimara amasaha 24.

Rwagize ruti “Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rutangaje ko imipaka yo ku butaka ifungwa guhera mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri kugeza ejo ku wa Gatatu tariki ya 20 Ukuboza 2023, saa 23h59.”

Umuyobozi w’uru rwego, Roland Kashwantale, yamenyesheje ibigo by’ubwikorezi bwo mu kirere, ibikorera mu mazi no ku butaka, ko muri aya masaha bitemerewe gukora, keretse gusa ibyo mu mahanga bikoresha ibibuga mpuzamahanga.

RDC ihana imbibi n’ibihugu icyenda birimo u Rwanda, u Burundi, Uganda, Zambia, Angola, Sudani y’Epfo, Repubulika ya Centrafrique na Repubulika ya Congo na Tanzania.

Ku Rwanda, imipaka y’ibihugu byombi ni umunini n’umuto (Grande & Petite Barrière) n’uwa Kabuhanga mu Karere ka Rubavu ndetse n’uwa Rusizi I na Rusizi II mu Karere ka Rusizi.

Iyi mipaka yari isanzwe ifungwa saa Cyenda z’amanywa nyuma y’umwuka mubi waje hagati y’ibihugu byombi.

Umupaka ugabanya u Rwanda na Congo ku gice cya Rubavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages