Ni ingabo zageze muri icyo gihugu mu mpera z’umwaka ushize, nyuma y’igihe hari imirwano hagati y’ingabo za Congo (FARDC) n’umutwe wa M23.
Izo ngabo zoherejwe muri gahunda ya EAC yo guhosha umwuka mubi no kujya hagati y’impande zirwana ngo zigane inzira y’ibiganiro.
Nyuma y’umwaka manda y’izo ngabo igenda yongerwa, Guverinoma ya Congo yavuze ko zigomba gutaha kuko nta mpinduka zazanye.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya yabwiye abanyamakuru ati “Ingabo za EAC zigomba kuva muri RDC tariki 8 Ukuboza kuko zitabashije gukemura ikibazo cya M23.”
Muyaya yavuze ko M23 yanze kubahiriza amasezerano ya Luanda ayisaba kujya mu bigo bigamije gusubiza abarwanyi bayo mu buzima busanzwe.
M23 yo ivuga ko idashobora kwemera gusubizwa mu buzima busanzwe hatabayeho ibiganiro byihariye na Leta ya Congo ngo ibyo uwo mutwe usaba bishyirwe mu bikorwa.
Congo kandi itangaje ibyo gutaha kw’ingabo za EAC mu gihe hashize icyumweru imirwano yubuye mu Burasirazuba bw’igihugu, aho ingabo za Leta zifatanyije n’urubyiruko ruzwi nka Wazalendo n’indi mitwe nka FDLR, bisubije tumwe mu duce twahoze mu maboko y’ingabo za EAC.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!