00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rushobora kongera kwambikana hagati ya M23 n’ingabo za Congo

Yanditswe na

IGIHE

Kuya 9 July 2013 saa 05:16
Yasuwe :

Mu itangazo ryasohowe n’Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubilika Iharanira Demukarasi ya Congo, uyu mutwe wahamije ko ingabo za leta zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR ndetse na Mai Mai, babagabyeho ibitero mu gitondo cyo kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize mu gace ka Nyarucinya hafi y’Umujyi wa Goma, uyu mutwe uravuga ko utazigera urebera igihe ibikorwa nk’ibi bizakomeza ko ahubwo bazirwanaho mu rwego rwo kwirengera no kurengera abaturage.
Col. Vianney Kazarama, Umuvugizi wa M23 ku (…)

Mu itangazo ryasohowe n’Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubilika Iharanira Demukarasi ya Congo, uyu mutwe wahamije ko ingabo za leta zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR ndetse na Mai Mai, babagabyeho ibitero mu gitondo cyo kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize mu gace ka Nyarucinya hafi y’Umujyi wa Goma, uyu mutwe uravuga ko utazigera urebera igihe ibikorwa nk’ibi bizakomeza ko ahubwo bazirwanaho mu rwego rwo kwirengera no kurengera abaturage.

Col. Vianney Kazarama, Umuvugizi wa M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Nyakanga 2013, yatangarije BBC ko ingabo za Leta ya Congo (FRDC), zifatanyije na FDLR zabagabyeho ibitero imbere y’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zibungabunga amagoro muri Congo (MONUSCO), mu birometero bitanu uvuye mu Mujyi wa Goma, ariko ngo M23 yabashije kwihagararaho irabanesha bariruka bamwe bahungira muri MONUSCO abandi barahagwa.

Kazarama yahamije ko muri aba bahungiye muri MONUSCO harimo n’abarwanyi ba FDLR, ndetse ngo hari n’umuturage baciye amaboko n’amaguru bamutema n’umutwe. Aba bapfuye ngo beretswe imiryango itabara imbabare.

Gutandukanya abarwanyi ba FDLR n’ingabo za Leta ya Congo, M23 ibikora igendeye kubaba bafatiwe ku rugamba, dore ko muri iyi mirwano yo kuwa Gatandatu M23 ivuga ko yafashe abarwanyi babiri harimo n’ufite ipeti rya majoro.

Mu gusobanura iby’ubufatanye bwa FDLR na Leta ya Congo, Umuvugizi wa M23, yanifashishije ibyasohotse muri raporo ya Loni iherutse gusohoka ivuga ko hari ubu fatanye butaziguye hagati y’igisirikare cya Congo na FDLR.
Nubwo Kazarama yemera ibi ariko, atera utwatsi ibindi biri muri iyo raporo nk’aho bavuga ko hari ubufasha Leta y’u Rwanda igenera uyu mutwe, ariko we akaba abihakana yivuye inyuma akanahamya ko bitigeze bibaho, ko ahubwo ngo mu maraporo ya Loni habamo guhuzagurika.

Kazarama kandi yasabye Abakongomani guhaguruka bivuye inyuma bakamagana Leta ya Kinshasa, ndetse akaba yahamije ko umutwe abereye umuvugizi uzarengera abaturage bahohoterwa na Leta ya Congo.

Ku ruhande rwa Congo…

Ku ruhande rwa Leya ya Congo bo barahakana aya makuru bivuye inyuma. Mu ijwi rya Col. Olivier Hamuri Umuvugizi w’igisirikare cya Congo muri Kivu y’Amajyepfo, yavuze ko ibi M23 ivuga ari ibinyoma, ahubwo ko hari insoresore zimaze kurambirwa n’ibikorwa bya M23, akaba arizo zateye ibirindiro bya M23 zitwaje intwaro gakondo.

Col Hamuri avuga ko aho barwaniye ari agace kagenzurwa na M23, ariko kandi hagati yabo hakaba hari n’ibirindiro bya MONUSCO. Yanahakanye kandi imikoranire ya FDLR, avuga ko ahubwo M23 ariyo ikorana nayo kuko ngo baherereye mu karere kamwe.

Uku kwitana bamwana kuje nyuma y’aho hari hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza, bikaba byaranavuzwe ko abarwanyi ba M23 bakomeje gusatira Umujyi wa Goma, ndetse hakaba hari impungenge ko hashobora kwaduka intambara mu gihe inzira y’imishyikirano inyuze mu biganiro yo isa nk’iyabaye inzitane.

Itangazo ryasohowe na M23


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages