00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sena ya Kenya igiye gusuzuma ingingo yo kweguza Visi Perezida

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 9 October 2024 saa 09:59
Yasuwe :

Sena ya Kenya iraterana kuri uyu wa Gatatu, yige ku ngingo yo kweguza Visi Perezida Rigathi Gachagua yemejwe n’abadepite kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Ukwakira 2024.

Gachagua umaze igihe atumvikana na Perezida William Ruto, ashinjwa amacakubiri, gusuzugura, kwigizwaho imitungo n’ibindi.

Nubwo abadepite batoye beguza Gachagua kuri uyu wa Kabiri, bisaba ko na Sena ibyemeza bikabona gushyirwa mu bikorwa.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu iraza gusuzuma ishingiro ry’uko kweguzwa, nibiba ngombwa ishyireho Komite idasanzwe ishinzwe kubikurikirana.

Mu gihe bibiri bya gatatu by’abagize Sena batora bemeza ko Gachagua yeguzwa, bizahita bishyirwa mu bikorwa.

Gachagua yegujwe n'abadepite ashinjwa amacakubiri, gusuzugura Perezida n'ibindi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages