00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sénégal yavumbuye ubwato bwari burimo abimukira 600

Yanditswe na Rosine Ingabire
Kuya 2 October 2023 saa 09:52
Yasuwe :

Inzego zishinzwe umutekano wo mu mazi muri Sénégal zavumbuye ubwato bune bwari butwaye abantu bikekwa ko ari abimukira, bari bagiye gushaka imibereho mu Burayi.

Iki gihugu gikora ku nyanja ya Atlantique, cyatangaje ko abo bantu batangiye gufatwa guhera kuwa Gatanu w’icyumweru gishize.

Bafashwe bashaka kwambukira ku mwigimbakirwa uzwi nka Canary Islands ubinjiza muri Espagne.

Aba bantu BBC yatangaje ko bafashwe ubwo umuraba wabaga mwinshi mu nyanja bikaba ngombwa ko ubwato buhindukira bukagaruka bugana ku nkombe za Sénégal, aho basanze inzego z’umutekano zibategereje.

Muri Nyakanga uyu mwaka, Guverinoma ya Sénégal yashyizeho gahunda y’imyaka icumi yo guhangana n’abimukira batubahirije amategeko.

Kuva umwaka wa 2023 watangira, abimukira basaga 140 barapfuye cyangwa baburiwe irengero, ubwo bageragezaga kwambuka mu buryo butemewe n’amategeko nkuko Umuryango Mpuzamahanga wita ku Bimukira (IOM) wabitangaje.

Muri Kanama uyu mwaka, abantu 2,690 bageze kuri Canary Islands bavuye muri Sénégal na Maroc.

Abimukira basaga 600 bafatiwe ku nkombe za Sénégal bashaka kujya i Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages