00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudan: Perezida Omar El-Bashir yemejwe n’ishyaka rye kuzarihagararira mu matora

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 10 August 2018 saa 06:15
Yasuwe :

Ishyaka riri ku butegetsi muri Sudan, NCP (National Congress Party) ryemeje Perezida w’iki gihugu Omar El-Bashir, nk’umukandida uzarihagararira mu matora ateganyijwe muri 2020.

Inteko idasanzwe y’iri ishyaka, yateranye kuri uyu wa Gatanu niyo yemeje Bashir nk’umukandida ugomba kurihagararira mu matora, nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru muri Sudan (SUNA).

Itegeko Nshinga rya Sudan riteganya ko Perezida ayobora manda ebyiri z’imyaka itanu bivuze ko iri shyaka riri ku butegetsi rishobora guhindura Itegeko Nshinga mu gihe Bashir yaba ariwe urihagarariye.

Umuyobozi w’iyi nteko, Kabashor Koko, yabwiye itangazamakuru ko bahisemo gukomeza urugendo rudasanzwe bemeza bazayoborwamo na Perezida Bashir

Yagize ati “Twemeje gukomeza urugendo ruri ngombwa rumwemerera kuduhagararira mu matora ya Perezida yo muri 2020.”

Omar Hassan Ahmad al-Bashir yabaye Perezida muri 1989, nyuma yo guhirika ku butegetsi Sadek al-Mahdi, wabaye Minisitiri w’Intebe wanyuma watowe n’abaturage muri iki gihugu.

Uyu mugabo w’imyaka 74 y’amavuko kuri ubu unakurikiranywe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC azira ibikorwa by’ubwicanyi bwo mu ntara ya Darfur, yatorewe kuyobora Sudan bwa mbere muri 2010, bikaba biteganyijwe ko manda ye ya kabiri izarangira muri 2020.

Omar El-Bashir arasabwa guhindura Itegeko Nshinga ngo yemererwe kwiyamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages