00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani y’Epfo: Amakimbirane ishingiye ku moko yaguyemo abarenga 56

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 28 December 2022 saa 01:31
Yasuwe :

Amakimbirane yahuje urubyiruko rw’abo mu bwoko bw’Aba-Nuer rwashoje intambara kuba- Murle muri Leta ya Jonglei ho muri Sudani y’Epfo, yasize abarenga 56 bahasize ubuzima.

Ni amakuru yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 27 Ukuboza 2022, aho inzego z’ubuyobozi zavuze ko aba-Nuer ari bo bagize umubare munini w’abakomeretse n’abahasize ubuzima.

Kuva Sudan y’Epfo yabona ubwigenge mu 2011, iki gihugu cyakunze kugaragaramo amakimbirane akunze guhuza aborozi ndetse n’abahinzi ku buryo barwana abenshi bakahatakariza ubuzima.

Umuyobozi wo mu gace ka Greater Pibor, Abraham Kelang yavuze ko urubyiruko rw’Aba-Nuer rwatangiye gushoza intambara ku ba-Murle tariki ya 24 Ukuboza 2024, yemeza ko “Ubuyobozi buri kugerageza guhoshya imirwano n’ubwo amakimbirane agikomeje.”

Kelang yatangaje ko 51 babuze ubuzima ari aba-Nuer ari nabo bashoze intambara mu gihe batanu basigaye ari aba- Murle.

Reuters yanditse ko Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri iki gihugu , UNMISS mu cyumweru gishize watangaje ko urubyiruko rw’aba-Nuer rwari ruri gukangurirwa gutera aba-Murle nka bamwe mu bo bita abanzi babo ba mbere.

Ni ubugizi bwa nabi bwatumye muri ibi bice abantu babiherereyemo baba mu bwoba ku buryo byasabye ko izi ngabo zijya guhacunga umutekano by’umwihariko kuko hakekwaga ko ibindi bitero nk’ibi byagabwa ubuzima bw’abantu bugakomeza kujya mu kaga.

Amakimbirane ahuza abahinzi n'aborozi muri Sudani y'Epfo akunze guhitana ubuzima bw'abaturage mu bihe bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages